{"id":253737,"date":"2026-08-03T15:33:21","date_gmt":"2026-08-03T15:33:21","guid":{"rendered":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/xaverine-nirere-yatangiye-gukoresha-igare-rishya-rya-factor-one-rifite-agaciro\/"},"modified":"2026-08-03T15:33:18","modified_gmt":"2026-08-03T15:33:18","slug":"xaverine-nirere-yatangiye-gukoresha-igare-rishya-rya-factor-one-rifite-agaciro","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/xaverine-nirere-yatangiye-gukoresha-igare-rishya-rya-factor-one-rifite-agaciro\/","title":{"rendered":"Xaverine Nirere yatangiye gukoresha igare rishya rya Factor ONE rifite agaciro k\u2019arenga miliyoni 23 Frw"},"content":{"rendered":"<p>Nirere Xaverine ni umwe mu bakinnyi bari gutegurwa na Team Amani kugira ngo ku nshuro ya mbere mu 2028, bazabe bari mu ikipe ya mbere y\u2019abagore ikomoka muri Afurika izahatana mu isiganwa rya Tour de France.<\/p>\n<p>Muri uwo mushinga watangiye gushyirwa mu bikorwa mu mpera za 2025, Team Amani yatangiye kugirana imikoranire n\u2019ibigo bikomeye ndetse n\u2019amashyirahamwe y\u2019amagare ku Isi kugira ngo izo ntego zizagerweha.<\/p>\n<p>Imwe muri iyi ntego ni ugushaka magare meza abakinnyi bayo bajya bakoresha mu marushanwa bitabira, yaba akomeye cyangwa ayoroheje, muri Afurika no hanze yayo.<\/p>\n<p>Ni muri urwo rwego iyi kipe yagiranye amasezerano n\u2019uruganda rwa Factor Bikes rukora amagare yihariye yagenewe abasiganwa bakina mu marushanwa akomeye yo ku rwego rwa Tour de France.<\/p>\n<p>Mu isiganwa ry\u2019abagore rya Tour de France Femmes avec Zwift 2026 ryatangiye kubera i Lausanne mu Busuwisi, kuva tariki ya 1 Kanama 2026, Nirere Xaverine ari kumwe na mugenzi we Mary Aleper bakinira Team Amani, bagiye gusiganwa byo kwishimisha, banaboneraho gukorana imyitozo n\u2019abandi bakinnyi bakomeye.<\/p>\n<p>Aha ni ho baherewe amagare yakozwe n\u2019uru ruganda yo mu bwoko bwa \u2018Factor ONE SpongeBob SquarePants Edition\u2019, ari na bwo ubu bwoko bw\u2019amagare bwamuritswe bwa mbere.<\/p>\n<p>Ni amagare agenda ku muvuduko wo hejuru, ariko ugendanye n\u2019uwemewe n\u2019amategeko yashyizweho n\u2019Ishyirahamwe ryo Gusignwa ku Magare ku Isi (UCI).<\/p>\n<p>Akiritwaraho ku nshuro ya mbere, Nirere yagize ati \u201cMumbwirire Factor ko iri gare ari ryo tuzakoresha ibihe byose.\u201d<\/p>\n<figure class=\"spip-document spip-document-969655 aligncenter\"><img decoding=\"async\" src=\"https:\/\/igihe.com\/IMG\/jpg\/dreaming_big_racing_towards_bringing_africa_to_the_world_s_biggest_stage._teamamani__mar_3_.jpg\" alt=\"Nirere ari gukorera imyitozo ahari kubera Tour de France Femmes avec Zwift 2026 \" \/><figcaption>Nirere ari gukorera imyitozo ahari kubera Tour de France Femmes avec Zwift 2026<\/figcaption><\/figure>\n<p>{{Imiterere y\u2019igare}}<\/p>\n<p>Igare rya \u2018Factor ONE SpongeBob SquarePants Edition\u2019 rifite imbere mu maboko hakozwe mu buryo butuma umuyaga utambuka kandi ukajya mu cyerekezo kitabangamiye uryicayeho.<\/p>\n<p>Amahembe ubwayo yorohereza uyafata ku buryo ayobora neza, kandi ipine rigakata uko abyifuza bitamuteke impanuka, kabone n\u2019iyo yaba ari ku muvuduko wo hejuru.<\/p>\n<p>Ni igare rifite hagati y\u2019ibilo birindwi n\u2019ibilo umunani bitewe n\u2019ingano y\u2019ikadere yaryo. <\/p>\n<p>Intebe yaryo ishobora kuzamuka cyangwa ikamanuka ku kigero umukinnyi uri kurikinisha yumva yisanzuye, ku buryo bitamutera ikibazo cy\u2019umugongo, kandi akoroherwa no gufata icupa ry\u2019amazi igihe aritwayeho.<\/p>\n<p>Amapine arijyaho aba ari ku gipimo kiri hagati ya milimetero 31 na milimetero 34, bigendanye n\u2019ingano y\u2019iringi ryayo. <\/p>\n<p>Nkurayija Ishimwe Jean Hubert Perezida wa FERWACY, yatangarije IGIHE ko iyi ari intambwe ishimishije ku munyarwandakazi Nirere Xaverine aho akomeje guhesha ishema igihugu cy\u2019u Rwanda mu gusiganwa ku magare .<\/p>\n<p>Xaverine Nirere ahawe iri gare mu gihe akomeje urugendo rwo guhagararira u Rwanda mu marushanwa mpuzamahanga, aho ari mu bakinnyi b\u2019abagore bo muri Afurika bari kuzamura urwego rwabo muri uyu mukino.<\/p>\n<p>Bitewe n\u2019ibikoresho byarishyizweho cyane cyane ibya SRAM Red AXS n\u2019amapine yihariye, igiciro cyaryo gishobora kugera ku 15.499 y\u2019Amayero [miliyoni 23 Frw].<\/p>\n<p>Perezida w\u2019Ishyirahamwe ryo Gusiganwa ku Magare (FERWACY), Nkurayija Ishimwe Jean Hubert, yabwiye IGIHE ko iyi ari intambwe ishimishije kuri Nirere Xaverine, kuko akomeje guhesha ishema u Rwanda mu gusiganwa ku magare.<\/p>\n<p>Igare rya \u2018Factor ONE SpongeBob SquarePants Edition\u2019 riri gufasha Oc\u00e9ane Mahe muri Tour de France Femmes avec Zwift 2026, dore ko ari we mukinnyi mwiza ahazamuka nyuma y&#8217;uduce tubiri.<\/p>\n<p>Nirere Xaverine aheruka guhatanira igihembo cya \u201cAfrica Cycling Excellence Awards [ACEA] 2025\u201d mu bagore na na Kim le Court uri ku mwanya wa kabiri muri Tour de France Femmes avec Zwift 2026.<\/p>\n<figure class=\"spip-document spip-document-969658 aligncenter\"><img decoding=\"async\" src=\"https:\/\/igihe.com\/IMG\/jpg\/dreaming_big_racing_towards_bringing_africa_to_the_world_s_biggest_stage._teamamani__mar_1_.jpg\" alt=\"Nirere ari gutegurwa ngo azakine Tour de France ya 2028\" \/><figcaption>Nirere ari gutegurwa ngo azakine Tour de France ya 2028<\/figcaption><\/figure>\n<figure class=\"spip-document spip-document-969657 aligncenter\"><img decoding=\"async\" src=\"https:\/\/igihe.com\/IMG\/jpg\/dreaming_big_racing_towards_bringing_africa_to_the_world_s_biggest_stage._teamamani__mar.jpg\" alt=\"Abakinnyi ba Team Amani barimo Nirere bari gukoresha igare rya Factor ONE SpongeBob SquarePants Edition\" \/><figcaption>Abakinnyi ba Team Amani barimo Nirere bari gukoresha igare rya Factor ONE SpongeBob SquarePants Edition<\/figcaption><\/figure>\n<figure class=\"spip-document spip-document-969656 aligncenter\"><img decoding=\"async\" src=\"https:\/\/igihe.com\/IMG\/jpg\/dreaming_big_racing_towards_bringing_africa_to_the_world_s_biggest_stage._teamamani__mar_2_.jpg\" alt=\"Nirere Xaverine na Mary Aleper bakinira Team Amani bahawe amagare ya Factor ONE SpongeBob SquarePants Edition\" \/><figcaption>Nirere Xaverine na Mary Aleper bakinira Team Amani bahawe amagare ya Factor ONE SpongeBob SquarePants Edition<\/figcaption><\/figure>\n<figure class=\"spip-document spip-document-969654 aligncenter\"><img decoding=\"async\" src=\"https:\/\/igihe.com\/IMG\/jpg\/hph26-tdff26-spongebobfactor-wr-3.jpg\" alt=\"Umwanya w&#039;icupa ry&#039;amazi  y&#039;umukinnyi ririho ku buryo bumworohera kurifata\" \/><figcaption>Umwanya w&#039;icupa ry&#039;amazi  y&#039;umukinnyi ririho ku buryo bumworohera kurifata<\/figcaption><\/figure>\n<figure class=\"spip-document spip-document-969653 aligncenter\"><img decoding=\"async\" src=\"https:\/\/igihe.com\/IMG\/jpg\/hph26-tdff26-spongebobfactor-wr-25.jpg\" alt=\"Amaboko y&#039;iri gare atuma umuyaga utambuka igare byoroshye\" \/><figcaption>Amaboko y&#039;iri gare atuma umuyaga utambuka igare byoroshye<\/figcaption><\/figure>\n<figure class=\"spip-document spip-document-969652 aligncenter\"><img decoding=\"async\" src=\"https:\/\/igihe.com\/IMG\/jpg\/hph26-tdff26-spongebobfactor-wr-23.jpg\" alt=\"Amahembe y&#039;iri hare afasha umukinnyi kuyobora neza nta kibazo\" \/><figcaption>Amahembe y&#039;iri hare afasha umukinnyi kuyobora neza nta kibazo<\/figcaption><\/figure>\n<figure class=\"spip-document spip-document-969651 aligncenter\"><img decoding=\"async\" src=\"https:\/\/igihe.com\/IMG\/jpg\/hph26-tdff26-spongebobfactor-wr-21.jpg\" alt=\"Akuma kahariwe guha amakuru umukinnyi kakozwe na Wahoo\" \/><figcaption>Akuma kahariwe guha amakuru umukinnyi kakozwe na Wahoo<\/figcaption><\/figure>\n<figure class=\"spip-document spip-document-969650 aligncenter\"><img decoding=\"async\" src=\"https:\/\/igihe.com\/IMG\/jpg\/hph26-tdff26-spongebobfactor-wr-15.jpg\" alt=\"Factor ONE SpongeBob SquarePants Edition ni igare ryihuta ku muvuduko wo hejuru\" \/><figcaption>Factor ONE SpongeBob SquarePants Edition ni igare ryihuta ku muvuduko wo hejuru<\/figcaption><\/figure>\n<figure class=\"spip-document spip-document-969649 aligncenter\"><img decoding=\"async\" src=\"https:\/\/igihe.com\/IMG\/jpg\/hph26-tdff26-spongebobfactor-wr-28.jpg\" alt=\"Igare rya Factor ONE SpongeBob SquarePants Edition rigura arenga miliyoni 23 Frw\" \/><figcaption>Igare rya Factor ONE SpongeBob SquarePants Edition rigura arenga miliyoni 23 Frw<\/figcaption><\/figure>\n<figure class=\"spip-document spip-document-969648 aligncenter\"><img decoding=\"async\" src=\"https:\/\/igihe.com\/IMG\/jpg\/hph26-tdff26-spongebobfactor-wr-11.jpg\" alt=\"Imiterere y&#039;ikadere y&#039;igare rimeze nk&#039;iryo Nirere atwara\" \/><figcaption>Imiterere y&#039;ikadere y&#039;igare rimeze nk&#039;iryo Nirere atwara<\/figcaption><\/figure>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Umunyarwandakazi Xaverine Nirere ukinira ikipe ya Team Amani yatangiye gukoresha igare rishya ry\u2019uruganda rwo mu Bwongereza rwa Factor Bikes ryitwa Factor ONE SpongeBob SquarePants Edition rifite agaciro kagera kuri miliyoni 23 Frw.<\/p>\n","protected":false},"author":2940,"featured_media":2000969659,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[10780],"tags":[16770,17170],"byline":[11283],"hashtag":[],"class_list":["post-253737","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-amagare","tag-homenews","tag-mot-sports","byline-nkurunziza-faustin"],"bylines":[{"id":11283,"name":"Nkurunziza Faustin","slug":"nkurunziza-faustin","description":"","image":{"id":0,"url":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/?s=96&d=mm&f=y&r=g","alt":"Default avatar","title":"Default avatar","caption":"","mime_type":"image\/jpeg","sizes":[]},"user_id":2940}],"contributors":[{"id":11283,"name":"Nkurunziza Faustin","slug":"nkurunziza-faustin","description":"","image":{"id":0,"url":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/?s=96&d=mm&f=y&r=g","alt":"Default avatar","title":"Default avatar","caption":"","mime_type":"image\/jpeg","sizes":[]},"user_id":2940}],"featured_image":{"id":2000969659,"url":"https:\/\/igihe.com\/IMG\/logo\/dreaming_big_racing_towards_bringing_africa_to_the_world_s_biggest_stage._teamamani__mar_4_.jpg","alt":"","caption":"","mime_type":"image\/jpeg","width":0,"height":0,"sizes":{"thumbnail":{"url":"https:\/\/igihe.com\/IMG\/logo\/dreaming_big_racing_towards_bringing_africa_to_the_world_s_biggest_stage._teamamani__mar_4_.jpg","width":1,"height":1},"medium":{"url":"https:\/\/igihe.com\/IMG\/logo\/dreaming_big_racing_towards_bringing_africa_to_the_world_s_biggest_stage._teamamani__mar_4_.jpg","width":1,"height":1},"medium_large":{"url":"https:\/\/igihe.com\/IMG\/logo\/dreaming_big_racing_towards_bringing_africa_to_the_world_s_biggest_stage._teamamani__mar_4_.jpg","width":1,"height":1},"large":{"url":"https:\/\/igihe.com\/IMG\/logo\/dreaming_big_racing_towards_bringing_africa_to_the_world_s_biggest_stage._teamamani__mar_4_.jpg","width":1,"height":1},"full":{"url":"https:\/\/igihe.com\/IMG\/logo\/dreaming_big_racing_towards_bringing_africa_to_the_world_s_biggest_stage._teamamani__mar_4_.jpg","width":0,"height":0}}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/253737","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/users\/2940"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=253737"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/253737\/revisions"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/media\/2000969659"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=253737"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=253737"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=253737"},{"taxonomy":"byline","embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/byline?post=253737"},{"taxonomy":"hashtag","embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/hashtag?post=253737"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}