{"id":253735,"date":"2026-08-03T12:50:31","date_gmt":"2026-08-03T12:50:31","guid":{"rendered":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/iran-yavuguruje-trump-ivuga-ko-nta-biganiro-ifitanye-na-amerika-kuri-uyu-wa\/"},"modified":"2026-08-03T12:50:17","modified_gmt":"2026-08-03T12:50:17","slug":"iran-yavuguruje-trump-ivuga-ko-nta-biganiro-ifitanye-na-amerika-kuri-uyu-wa","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/iran-yavuguruje-trump-ivuga-ko-nta-biganiro-ifitanye-na-amerika-kuri-uyu-wa\/","title":{"rendered":"Iran yavuguruje Trump, ivuga ko nta biganiro ifitanye na Amerika"},"content":{"rendered":"<p>Trump yari yatangaje ko nyuma yo guhagarika ibitero bikomeye yari yateguye kuri Iran, hari ibiganiro by\u2019amahoro byagombaga gutangira kuri uyu wa Mbere. <\/p>\n<p>Yabivuze ku Cyumweru bwo yari mu ndege ya Perezida wa Amerika, Air Force One.<\/p>\n<p>Ati \u201cTurimo kuvugana na bo mu buryo bw\u2019ibiganiro. Bizatangira ejo nyuma ya Saa Sita.\u201d <\/p>\n<p>Yongeyeho ko Iran n\u2019ibihugu by\u2019inshuti za Amerika byo mu Burasirazuba bwo Hagati byamusabye guhagarika ibitero kuko ngo hari inzira y\u2019amasezerano yari imaze kugerwaho.<\/p>\n<p>Icyakora, kuri uyu wa Mbere Minisiteri y\u2019Ububanyi n\u2019Amahanga ya Iran yahakanye ayo makuru, ivuga ko nta biganiro iri kugirana na Leta Zunze Ubumwe za Amerika kandi ko nta gahunda ihari yo gutangira ibiganiro nk\u2019ibyo.<\/p>\n<p>Umuvugizi wa Minisiteri y\u2019Ububanyi n\u2019Amahanga ya Iran, Esmaeil Baghaei, yavuze ko igihugu cye kiri kugirana ibiganiro na Oman bigamije kugera ku bwumvikane ku buryo bwo kurinda umutekano w\u2019amato mu Muhora wa Hormuz.<\/p>\n<p>Mbere y\u2019ibi, ibiganiro hagati ya Amerika na Iran byagiye bikorwa binyuze ku bahuza, ariko ntibyigeze bitanga umusaruro urambye. Trump yakomeje kuvuga ko amasezerano yo guhagarika intambara ari hafi kugerwaho, ariko ibitero byo kwihimuranaho bigakomeza.<\/p>\n<p>Mu ijambo yavugiye muri Air Force One, Trump yavuze ko Amerika yiteguye gukomeza ibitero igihe icyo ari cyo cyose bibaye ngombwa, ariko anavuga ko atifuza ko abantu bahitanwa n\u2019intambara.<\/p>\n<p>Trump yavuze kandi ko igikomangoma cya Arabie Saoudite, Mohammed bin Salman, ndetse n\u2019ibindi bihugu by\u2019inshuti za Amerika birimo Leta Zunze Ubumwe z\u2019Abarabu na Qatar, byamusabye kudakomeza ibitero yari yateguye mu mpera z\u2019icyumweru.<\/p>\n<p>Ati \u201chari amasezerano kuri Hormuz, kandi hazabaho n\u2019amasezerano ku bijyanye na gahunda y\u2019intwaro kirimbuzi.\u201d <\/p>\n<p>Ibiro Ntaramakuru bya Iran, Mehr News Agency, na byo byamaganye ibyo Trump yavuze ko Iran yaba yaramusabye guhagarika ibitero, bivuga ko ayo magambo ari \u201cikindi kinyoma gishya\u201d.<\/p>\n<p>Trump yari yavuze ko ibitero yari yateguye kuri Iran byari kuba \u201cigitero gikomeye kurusha ibindi kuva mu ntambara ya Kabiri y\u2019Isi\u201d, ariko ko kubihagarika byari bigamije guha amahirwe inzira y\u2019ibiganiro.<\/p>\n<figure class=\"spip-document spip-document-969625 aligncenter\"><img decoding=\"async\" src=\"https:\/\/igihe.com\/IMG\/webp\/1674934929999.webp\" alt=\"Iran yavuguruje Trump, ivuga ko nta biganiro ifitanye na Amerika\" \/><figcaption>Iran yavuguruje Trump, ivuga ko nta biganiro ifitanye na Amerika<\/figcaption><\/figure>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Iran yahakanye ibyo Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, watangaje ko ibiganiro bishya bigamije guhagarika intambara hagati y\u2019ibihugu byombi bitangira kuri uyu wa Mbere, ivuga ko nta biganiro iri kugirana na Amerika.<\/p>\n","protected":false},"author":2990,"featured_media":2000969624,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[9126],"tags":[16770],"byline":[11379],"hashtag":[],"class_list":["post-253735","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-mu-mahanga","tag-homenews","byline-igihe"],"bylines":[{"id":11379,"name":"IGIHE","slug":"igihe","description":"","image":{"id":0,"url":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/?s=96&d=mm&f=y&r=g","alt":"Default avatar","title":"Default avatar","caption":"","mime_type":"image\/jpeg","sizes":[]},"user_id":2990}],"contributors":[{"id":11379,"name":"IGIHE","slug":"igihe","description":"","image":{"id":0,"url":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/?s=96&d=mm&f=y&r=g","alt":"Default avatar","title":"Default avatar","caption":"","mime_type":"image\/jpeg","sizes":[]},"user_id":2990}],"featured_image":{"id":2000969624,"url":"https:\/\/igihe.com\/IMG\/logo\/1674934929999.webp","alt":"","caption":"","mime_type":"image\/webp","width":0,"height":0,"sizes":{"thumbnail":{"url":"https:\/\/igihe.com\/IMG\/logo\/1674934929999.webp","width":1,"height":1},"medium":{"url":"https:\/\/igihe.com\/IMG\/logo\/1674934929999.webp","width":1,"height":1},"medium_large":{"url":"https:\/\/igihe.com\/IMG\/logo\/1674934929999.webp","width":1,"height":1},"large":{"url":"https:\/\/igihe.com\/IMG\/logo\/1674934929999.webp","width":1,"height":1},"full":{"url":"https:\/\/igihe.com\/IMG\/logo\/1674934929999.webp","width":0,"height":0}}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/253735","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/users\/2990"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=253735"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/253735\/revisions"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/media\/2000969624"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=253735"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=253735"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=253735"},{"taxonomy":"byline","embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/byline?post=253735"},{"taxonomy":"hashtag","embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/hashtag?post=253735"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}