{"id":253733,"date":"2026-08-03T12:32:08","date_gmt":"2026-08-03T12:32:08","guid":{"rendered":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/aston-villa-yemeye-gushumbusha-abaguze-umwambaro-wayo-utariho-visit-rwanda\/"},"modified":"2026-08-03T12:31:15","modified_gmt":"2026-08-03T12:31:15","slug":"aston-villa-yemeye-gushumbusha-abaguze-umwambaro-wayo-utariho-visit-rwanda","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/aston-villa-yemeye-gushumbusha-abaguze-umwambaro-wayo-utariho-visit-rwanda\/","title":{"rendered":"Aston Villa yemeye gushumbusha abaguze umwambaro wayo utariho Visit Rwanda"},"content":{"rendered":"<p>Nyuma y\u2019amasezerano y\u2019impande zombi, Aston Villa yakorewe umwambaro n\u2019uruganda rwa Adidas, ukazatangira gucuruzwa guhera ku wa Gatanu, tariki ya 7 Kanama 2026.<\/p>\n<p>Mbere y\u2019uko uyu mwambaro utangira kugurishirizwa ku maduka y\u2019iyi kipe, hashyizwe hanze itangazo rihamagarira abakunzi bayo kuzagura uyu mwambaro mu rwego rwo kuyishyigikira.<\/p>\n<p>Gusa hari abafana bari baguze uyu mwambaro mbere y\u2019uko u Rwanda rugirana ubufatanye n\u2019iyi kipe bwo kwamamaza ubukerarugendo bwarwo, aba bakaba bemerewe kuguranirwa.<\/p>\n<p>Yagize iti \u201cAba-Villans bari baramaze kugura imyambaro ya yo mu rugo ya 2026\/27 itariho ibirango by\u2019abafatanyabikorwa, bakongera bakaza bagahabwa iyanditseho Visit Rwanda nta kindi kiguzi batswe n\u2019ikipe.\u201d<\/p>\n<p>\u201cIbi kandi bigakorwa ku waba yaraguriye umwambaro mu iduka ry\u2019ikipe riri kuri stade ya Villa Park, mu iduka rya Bullring, abayiguriye ku ikoranabuhanga cyangwa abaguriye kuri JD Sports. Buri wese yemerewe iyi serivisi. Biroroshye ni ukuzana umwambaro usanganywe ukavugana n\u2019umukozi wa Aston Villa ku wa Gatanu.\u201d<\/p>\n<p>Ikipe ya Aston Villa yo mu Bwongereza yatangaje ko yasinye amasezerano y\u2019ubufatanye na Visit Rwanda aho izajya yamamaza ubukerarugendo bw\u2019u Rwanda ku myambaro yayo imbere mu gatuza.<\/p>\n<p>Aya masezerano azatuma Visit Rwanda iba umuterankunga mukuru (Principal Partner), umufatanyabikorwa mu bukerarugendo (Official Tourism Partner) ndetse n\u2019utanga ikawa yemewe n\u2019iyi kipe (Official Coffee Provider).<\/p>\n<figure class=\"spip-document spip-document-969613 aligncenter\"><img decoding=\"async\" src=\"https:\/\/igihe.com\/IMG\/jpg\/8fb00280-7f89-11f1-bc3e-f9033a3cc8fd-a37a8.jpg\" alt=\"Aston Villa yagiranye imikoranire na Visit Rwanda\" \/><figcaption>Aston Villa yagiranye imikoranire na Visit Rwanda<\/figcaption><\/figure>\n<figure class=\"spip-document spip-document-969616 aligncenter\"><img decoding=\"async\" src=\"https:\/\/igihe.com\/IMG\/jpg\/hovd5d3xuaa6ldv.jpg\" alt=\"Visit Rwanda ni umuterankunga mukuru wa Aston Villa\" \/><figcaption>Visit Rwanda ni umuterankunga mukuru wa Aston Villa<\/figcaption><\/figure>\n<figure class=\"spip-document spip-document-969615 aligncenter\"><img decoding=\"async\" src=\"https:\/\/igihe.com\/IMG\/jpg\/hokur_fweaa51tp.jpg\" alt=\"Aston Villa yemeye kuguranira abaguze umwambaro wayo utariho Visit Rwanda\" \/><figcaption>Aston Villa yemeye kuguranira abaguze umwambaro wayo utariho Visit Rwanda<\/figcaption><\/figure>\n<figure class=\"spip-document spip-document-969617 aligncenter\"><img decoding=\"async\" src=\"https:\/\/igihe.com\/IMG\/jpg\/57e74390-8204-11f1-8d77-fd77ae8e23d3-b2c03.jpg\" alt=\"Imyambaro y&#039;abakinnyi ba Aston Villa yamamaza ubukerarugendo bw&#039;u Rwanda\" \/><figcaption>Imyambaro y&#039;abakinnyi ba Aston Villa yamamaza ubukerarugendo bw&#039;u Rwanda<\/figcaption><\/figure>\n<figure class=\"spip-document spip-document-969618 aligncenter\"><img decoding=\"async\" src=\"https:\/\/igihe.com\/IMG\/jpg\/hokur_gxgaarzm9.jpg\" alt=\"Visit Rwanda igaragara ku mwambaro wa Aston Villa\" \/><figcaption>Visit Rwanda igaragara ku mwambaro wa Aston Villa<\/figcaption><\/figure>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Ikipe ya Aston Villa yo muri Shampiyona y\u2019u Bwongereza iherutse kugirana ubufatanye n\u2019u Rwanda ariko yaratangiye kugurisha umwambaro izifashisha mu mwaka utaha w\u2019imikino wa 2026\/27, yemeye kubaguranira ikabaha uwanditseho \u2018Visit Rwanda\u2019.<\/p>\n","protected":false},"author":3353,"featured_media":2000969619,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[9143],"tags":[16770,17170],"byline":[15739],"hashtag":[],"class_list":["post-253733","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-football","tag-homenews","tag-mot-sports","byline-iradukunda-olivier"],"bylines":[{"id":15739,"name":"Iradukunda Olivier","slug":"iradukunda-olivier","description":"","image":{"id":0,"url":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/?s=96&d=mm&f=y&r=g","alt":"Default avatar","title":"Default avatar","caption":"","mime_type":"image\/jpeg","sizes":[]},"user_id":3353}],"contributors":[{"id":15739,"name":"Iradukunda Olivier","slug":"iradukunda-olivier","description":"","image":{"id":0,"url":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/?s=96&d=mm&f=y&r=g","alt":"Default avatar","title":"Default avatar","caption":"","mime_type":"image\/jpeg","sizes":[]},"user_id":3353}],"featured_image":{"id":2000969619,"url":"https:\/\/igihe.com\/IMG\/logo\/x-4.jpg","alt":"","caption":"","mime_type":"image\/jpeg","width":0,"height":0,"sizes":{"thumbnail":{"url":"https:\/\/igihe.com\/IMG\/logo\/x-4.jpg","width":1,"height":1},"medium":{"url":"https:\/\/igihe.com\/IMG\/logo\/x-4.jpg","width":1,"height":1},"medium_large":{"url":"https:\/\/igihe.com\/IMG\/logo\/x-4.jpg","width":1,"height":1},"large":{"url":"https:\/\/igihe.com\/IMG\/logo\/x-4.jpg","width":1,"height":1},"full":{"url":"https:\/\/igihe.com\/IMG\/logo\/x-4.jpg","width":0,"height":0}}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/253733","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/users\/3353"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=253733"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/253733\/revisions"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/media\/2000969619"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=253733"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=253733"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=253733"},{"taxonomy":"byline","embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/byline?post=253733"},{"taxonomy":"hashtag","embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/hashtag?post=253733"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}