{"id":253730,"date":"2026-08-03T11:54:00","date_gmt":"2026-08-03T11:54:00","guid":{"rendered":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/mu-rugo-rwa-minisitiri-hasanzwe-ibiti-by-urumogi\/"},"modified":"2026-08-03T12:05:04","modified_gmt":"2026-08-03T12:05:04","slug":"mu-rugo-rwa-minisitiri-hasanzwe-ibiti-by-urumogi","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/mu-rugo-rwa-minisitiri-hasanzwe-ibiti-by-urumogi\/","title":{"rendered":"Mu rugo rwa Minisitiri hasanzwe ibiti by\u2019urumogi"},"content":{"rendered":"<p>Iki kibazo cyatangiye gukomera nyuma y\u2019uko inzego z\u2019umutekano zo ku Kirwa cya R\u00e9union zifashe ibilo 100 by\u2019urumogi ku wa 26 Nyakanga 2026. <\/p>\n<p>Nyuma y\u2019iri fatwa, abapolisi bo mu ishami rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge mu Birwa bya Maurice bataye muri yombi abantu babiri bakekwaho kugira uruhare muri ubu bucuruzi butemewe n\u2019amategeko. Muri bo harimo Gulshan Govind, umugabo wa Minisitiri wungirije ushinzwe Umuco, V\u00e9ronique Leu-Govind.<\/p>\n<p>Mu gikorwa cyo gusaka cyakorewe mu rugo rw\u2019umuryango wa Gulshan Govind, abashinzwe iperereza bavumbuyemo ibiti bine by\u2019urumogi. Aba bakekwaho icyaha bakomeje gufungirwa kuri polisi mu gihe iperereza rigikomeje.<\/p>\n<p>Iyi nkuru yakurikiwe n\u2019impaka za politiki kubera ko umwe mu bakekwaho icyaha ari umugabo wa Minisitiri uri muri Guverinoma. Icyakora, Minisitiri w\u2019Intebe w\u2019Ibirwa bya Maurice, Navin Ramgoolam, yavuze ko iperereza rizakomeza nta kwivanga kwa politiki.<\/p>\n<p>Ramgoolam yavuze ko \u201cnta muntu uri hejuru y\u2019amategeko\u201d, ashimangira ko inzego z\u2019ubutabera zizakora akazi kazo mu bwisanzure. <\/p>\n<p>Yavuze kandi ko V\u00e9ronique Leu-Govind azakomeza kuba muri Guverinoma kuko kugeza ubu nta kimenyetso kiramugaragaza nk\u2019ufite uruhare muri iki kibazo, kandi ko agomba gukomeza gufatwa nk\u2019umwere.<\/p>\n<p>Ishyaka rya Nouveaux D\u00e9mocrates, riyoborwa na V\u00e9ronique Leu-Govind, ryatangaje ko riri gukurikirana uko iperereza rizagenda mbere yo gufata umwanzuro, mu gihe abatavuga rumwe n\u2019ubutegetsi bo basabye ko uyu muyobozi yegura.<\/p>\n<p>Ibi bibaye nyuma y\u2019urundi rubanza rw\u2019ibiyobyabwenge rwigeze kugaruka ku muryango wa Minisitiri V\u00e9ronique Leu-Govind. Muri Mata 2023, Benjamin Leu, umuvandimwe we, yatawe muri yombi ku Kirwa cya R\u00e9union akurikiranyweho ibyaha bijyanye n\u2019ibiyobyabwenge, nyuma aza gukatirwa igifungo cy\u2019imyaka itatu.<\/p>\n<p>Kugeza ubu, inzego zibishinzwe mu Birwa bya Maurice n\u2019i R\u00e9union ziracyakora iperereza kugira ngo hamenyekane neza abagize uruhare muri ubu bucuruzi bw\u2019ibiyobyabwenge.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Umugabo wa Minisitiri wungirije ushinzwe Umuco mu Birwa bya Maurice, V\u00e9ronique Leu-Govind, Gulshan Govind, ari gukorwaho iperereza nyuma yo gukekwaho kugira uruhare mu gucuruza urumogi hagati y\u2019Ikirwa cya R\u00e9union n\u2019Ibirwa bya Maurice.<\/p>\n","protected":false},"author":2990,"featured_media":2000969611,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[9127],"tags":[16770],"byline":[11379],"hashtag":[],"class_list":["post-253730","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-utuntu-n-utundi","tag-homenews","byline-igihe"],"bylines":[{"id":11379,"name":"IGIHE","slug":"igihe","description":"","image":{"id":0,"url":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/?s=96&d=mm&f=y&r=g","alt":"Default avatar","title":"Default avatar","caption":"","mime_type":"image\/jpeg","sizes":[]},"user_id":2990}],"contributors":[{"id":11379,"name":"IGIHE","slug":"igihe","description":"","image":{"id":0,"url":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/?s=96&d=mm&f=y&r=g","alt":"Default avatar","title":"Default avatar","caption":"","mime_type":"image\/jpeg","sizes":[]},"user_id":2990}],"featured_image":{"id":2000969611,"url":"https:\/\/igihe.com\/IMG\/logo\/port_louis_skyline.jpg","alt":"","caption":"","mime_type":"image\/jpeg","width":0,"height":0,"sizes":{"thumbnail":{"url":"https:\/\/igihe.com\/IMG\/logo\/port_louis_skyline.jpg","width":1,"height":1},"medium":{"url":"https:\/\/igihe.com\/IMG\/logo\/port_louis_skyline.jpg","width":1,"height":1},"medium_large":{"url":"https:\/\/igihe.com\/IMG\/logo\/port_louis_skyline.jpg","width":1,"height":1},"large":{"url":"https:\/\/igihe.com\/IMG\/logo\/port_louis_skyline.jpg","width":1,"height":1},"full":{"url":"https:\/\/igihe.com\/IMG\/logo\/port_louis_skyline.jpg","width":0,"height":0}}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/253730","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/users\/2990"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=253730"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/253730\/revisions"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/media\/2000969611"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=253730"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=253730"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=253730"},{"taxonomy":"byline","embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/byline?post=253730"},{"taxonomy":"hashtag","embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/hashtag?post=253730"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}