{"id":253720,"date":"2026-08-03T10:05:03","date_gmt":"2026-08-03T10:05:03","guid":{"rendered":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/umuganga-yatawe-muri-yombi-avuye-mu-cyumba-cya-besigye-mu-bitaro\/"},"modified":"2026-08-03T10:04:57","modified_gmt":"2026-08-03T10:04:57","slug":"umuganga-yatawe-muri-yombi-avuye-mu-cyumba-cya-besigye-mu-bitaro","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/umuganga-yatawe-muri-yombi-avuye-mu-cyumba-cya-besigye-mu-bitaro\/","title":{"rendered":"Umuganga yatawe muri yombi avuye mu cyumba cya Besigye mu bitaro"},"content":{"rendered":"<p>Uyu muganga yarekuwe atanze ingwate. Inyandiko y\u2019ingwate yabonywe na ChimpReports igaragaza ko Dr Mukose yashinjwe \u201ckutubahiriza amabwiriza\u201d<\/p>\n<p>Dr Mukose azongera kwitaba kuri Sitasiyo ya Polisi ya Mulago ku wa 10 Kanama saa yine za mu gitondo, mu gihe iperereza rigikomeje.<\/p>\n<p>Mukose yavuze ko yari yagiye ku igorofa rya gatandatu kureba uko sebukwe uharwariye amerewe.<\/p>\n<p>Uyu muganga yavuze ko nyuma yo kuva mu cyumba cy\u2019umurwayi, abashinzwe umutekano bamutaye muri yombi bakamushinja ko yaroherejwe kuneka abapolisi n\u2019abandi bashinzwe kurinda Dr. Besigye<\/p>\n<p>Mukose yagize ati \u201cBavuze ko nari noherejwe kubaneka,\u201d ariko ashimangira ko yari yagiye gusura gusa umuvandimwe we wari urwaye.<\/p>\n<p>Iri tabwa muri yombi ribaye mu gihe umutekano wakajijwe cyane mu Bitaro bya Mulago nyuma y\u2019uko Dr Besigye abijyanywemo. Kugera ku igorofa arwariyemo byashyiriweho amabwiriza akomeye, aho abashinzwe umutekano bagenzura abinjira n\u2019abasohoka.<\/p>\n<p>Dr Kizza Besigye uri mu bantu bakomeye batavuga rumwe n\u2019ubutegetsi bwa Uganda, yajyanywe muri ibi bitaro nyuma yo kugwa amarabira ubwo yari mu rukiko mu cyumweru gishize. Ari gukurikiranwa ku byaha bifitanye isano n\u2019ubugambanyi no gushaka guhirika ubutegetsi bwa Yoweri Kaguta Museveni.<\/p>\n<figure class=\"spip-document spip-document-969593 aligncenter\"><img decoding=\"async\" src=\"https:\/\/igihe.com\/IMG\/jpg\/mulagp.jpg\" alt=\"Umuganga yavuye mu cyumba Besigye arwariyemo mu Bitaro bya Mulago ahita atabwa muri yombi\" \/><figcaption>Umuganga yavuye mu cyumba Besigye arwariyemo mu Bitaro bya Mulago ahita atabwa muri yombi<\/figcaption><\/figure>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Polisi ya Uganda yafunze by\u2019agateganyo umuganga w\u2019umuganga wo muri Uganda witwa Dr Moses Mukose, nyuma yo gusura igorofa rya gatandatu ry\u2019Ibitaro Bikuru bya Mulago, aharwariye umunyapolitiki utavuga rumwe n\u2019ubutegetsi, Dr Kizza Besigye, uri gucungirwa umutekano n\u2019inzego z\u2019umutekano. Nyuma yaje kurekurwa by\u2019agateganyo atanze ingwate.<\/p>\n","protected":false},"author":2990,"featured_media":2000969592,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[9127],"tags":[16770],"byline":[11379],"hashtag":[],"class_list":["post-253720","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-utuntu-n-utundi","tag-homenews","byline-igihe"],"bylines":[{"id":11379,"name":"IGIHE","slug":"igihe","description":"","image":{"id":0,"url":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/?s=96&d=mm&f=y&r=g","alt":"Default avatar","title":"Default avatar","caption":"","mime_type":"image\/jpeg","sizes":[]},"user_id":2990}],"contributors":[{"id":11379,"name":"IGIHE","slug":"igihe","description":"","image":{"id":0,"url":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/?s=96&d=mm&f=y&r=g","alt":"Default avatar","title":"Default avatar","caption":"","mime_type":"image\/jpeg","sizes":[]},"user_id":2990}],"featured_image":{"id":2000969592,"url":"https:\/\/igihe.com\/IMG\/logo\/mulagp.jpg","alt":"","caption":"","mime_type":"image\/jpeg","width":0,"height":0,"sizes":{"thumbnail":{"url":"https:\/\/igihe.com\/IMG\/logo\/mulagp.jpg","width":1,"height":1},"medium":{"url":"https:\/\/igihe.com\/IMG\/logo\/mulagp.jpg","width":1,"height":1},"medium_large":{"url":"https:\/\/igihe.com\/IMG\/logo\/mulagp.jpg","width":1,"height":1},"large":{"url":"https:\/\/igihe.com\/IMG\/logo\/mulagp.jpg","width":1,"height":1},"full":{"url":"https:\/\/igihe.com\/IMG\/logo\/mulagp.jpg","width":0,"height":0}}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/253720","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/users\/2990"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=253720"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/253720\/revisions"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/media\/2000969592"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=253720"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=253720"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=253720"},{"taxonomy":"byline","embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/byline?post=253720"},{"taxonomy":"hashtag","embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/hashtag?post=253720"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}