{"id":253716,"date":"2026-08-03T08:43:08","date_gmt":"2026-08-03T08:43:08","guid":{"rendered":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/israel-urukiko-rwahagaritse-gahunda-yo-gucungisha-gereza-ingona\/"},"modified":"2026-08-03T08:42:50","modified_gmt":"2026-08-03T08:42:50","slug":"israel-urukiko-rwahagaritse-gahunda-yo-gucungisha-gereza-ingona","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/israel-urukiko-rwahagaritse-gahunda-yo-gucungisha-gereza-ingona\/","title":{"rendered":"Israel: Urukiko rwahagaritse gahunda yo gucungisha gereza ingona"},"content":{"rendered":"<p>Itamar Ben Gvir yari yagaragaje ko ingona zakwifashishwa mu gucunga umutekano kugira ngo abagororwa badatoroka.<\/p>\n<p>Iki cyemezo cyafashwe nyuma y\u2019ikirego cyatanzwe n\u2019umuryango uharanira imibereho myiza y\u2019inyamaswa, Let the Animals Live. Uwo muryango wasabye ko ingona zisubizwa mu cyiciro cy\u2019inyamaswa zirinzwe, uvuga ko Minisitiri w\u2019Ibidukikije, Idit Silman, yirengagije ibitekerezo by\u2019abajyanama mu by\u2019amategeko ndetse n\u2019Ikigo gishinzwe Kubungabunga Ibidukikije na Pariki.<\/p>\n<p>Mu kwezi gushize, Silman yari yakuye ingona mu nyamaswa zirinzwe, azishyira mu cyiciro cy\u2019inyamaswa zororwa kandi zigenzurwa. Ibyo byari byafunguye inzira yo kuzimurira mu mwobo uri gucukurwa hafi ya Gereza ya Ketziot.<\/p>\n<p>Umucamanza Avraham Rubin yavuze ko impungenge z\u2019uko izo ngona zishobora kugirirwa nabi zikwiye gusuzumwa. Yategetse ko nta ngona zigomba kwimurwa, gushakishwa cyangwa gutegurirwa koherezwa kuri iyo gereza kugeza urukiko rufashe umwanzuro wa nyuma. Silman, Ben Gvir n\u2019Urwego rushinzwe Amagereza bahawe kugeza ku wa Gatatu kugira ngo basubize ikirego.<\/p>\n<p>Ikigo gishinzwe Ibidukikije na Pariki cyavuze ko nta shingiro rya siyansi cyangwa ry\u2019umwuga rihari ku Isi ryemeza ko ingona zakoreshwa nk\u2019igikoresho cy\u2019umutekano muri gereza. <\/p>\n<p>Ibiro bya Ben Gvir byemeje ko imirimo yo gucukura yatangiye, bivuga ko gahunda yateguwe mu buryo burambuye, harimo kwita ku ngona n\u2019aho zizajya ziruhukira. Minisiteri y\u2019Umutekano yageneye uyu mushinga miliyoni 21 z\u2019Amasekeli, angana na miliyoni 7 z\u2019Amadolari. <\/p>\n<figure class=\"spip-document spip-document-969577\"><img decoding=\"async\" src=\"https:\/\/s.yimg.com\/lo\/mysterio\/api\/a9f2ce69cf6897ba200827350736b4b56d60dafc49d33dc34a39d441f6f5041f\/lightyear_networkapi\/resizefill_w976;quality_80;format_webp\/https:%2F%2Fmedia.zenfs.com%2Fen%2Fjerusalem_post_articles_818%2F6fde13e79bf5f271c778f204fb372dfd\" alt=\"Minisitiri w&#039;Umutekano muri Israel afite icyifuzo cyo gukoresha ingona mu kongera umutekano wa za Gereza\" \/><figcaption>Minisitiri w&#039;Umutekano muri Israel afite icyifuzo cyo gukoresha ingona mu kongera umutekano wa za Gereza<\/figcaption><\/figure>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Urukiko rw\u2019i Yeruzalemu rwahagaritse by\u2019agateganyo gahunda yo kwimurira ingona kuri Gereza ya Ketziot, bityo rutambamira umugambi wa Minisitiri w\u2019Umutekano mu Gihugu, Itamar Ben Gvir, wo kuzishyira mu mwobo uzengurutse iyo gereza.<\/p>\n","protected":false},"author":2990,"featured_media":2000969578,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[9126],"tags":[16770],"byline":[11379],"hashtag":[],"class_list":["post-253716","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-mu-mahanga","tag-homenews","byline-igihe"],"bylines":[{"id":11379,"name":"IGIHE","slug":"igihe","description":"","image":{"id":0,"url":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/?s=96&d=mm&f=y&r=g","alt":"Default avatar","title":"Default avatar","caption":"","mime_type":"image\/jpeg","sizes":[]},"user_id":2990}],"contributors":[{"id":11379,"name":"IGIHE","slug":"igihe","description":"","image":{"id":0,"url":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/?s=96&d=mm&f=y&r=g","alt":"Default avatar","title":"Default avatar","caption":"","mime_type":"image\/jpeg","sizes":[]},"user_id":2990}],"featured_image":{"id":2000969578,"url":"https:\/\/igihe.com\/IMG\/logo\/6fde13e79bf5f271c778f204fb372dfd.webp","alt":"","caption":"","mime_type":"image\/webp","width":0,"height":0,"sizes":{"thumbnail":{"url":"https:\/\/igihe.com\/IMG\/logo\/6fde13e79bf5f271c778f204fb372dfd.webp","width":1,"height":1},"medium":{"url":"https:\/\/igihe.com\/IMG\/logo\/6fde13e79bf5f271c778f204fb372dfd.webp","width":1,"height":1},"medium_large":{"url":"https:\/\/igihe.com\/IMG\/logo\/6fde13e79bf5f271c778f204fb372dfd.webp","width":1,"height":1},"large":{"url":"https:\/\/igihe.com\/IMG\/logo\/6fde13e79bf5f271c778f204fb372dfd.webp","width":1,"height":1},"full":{"url":"https:\/\/igihe.com\/IMG\/logo\/6fde13e79bf5f271c778f204fb372dfd.webp","width":0,"height":0}}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/253716","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/users\/2990"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=253716"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/253716\/revisions"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/media\/2000969578"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=253716"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=253716"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=253716"},{"taxonomy":"byline","embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/byline?post=253716"},{"taxonomy":"hashtag","embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/hashtag?post=253716"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}