{"id":253713,"date":"2026-08-03T07:39:05","date_gmt":"2026-08-03T07:39:05","guid":{"rendered":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/twe-tubona-ari-icyorezo-dr-sabin-nsanzimana-ku-nzoga-zitujuje-ubuziranenge\/"},"modified":"2026-08-03T07:39:48","modified_gmt":"2026-08-03T07:39:48","slug":"twe-tubona-ari-icyorezo-dr-sabin-nsanzimana-ku-nzoga-zitujuje-ubuziranenge","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/twe-tubona-ari-icyorezo-dr-sabin-nsanzimana-ku-nzoga-zitujuje-ubuziranenge\/","title":{"rendered":"Twe tubona ari icyorezo- Dr Sabin Nsanzimana ku nzoga zitujuje ubuziranenge"},"content":{"rendered":"<p>Kuva ku wa 2 Kanama 2026 Ikigo cy\u2019Igihugu gishinzwe ubuziranenge bw\u2019imiti n\u2019ibiribwa, Rwanda FDA cyafunze inganda umunani zikora inzoga nyuma y\u2019ubugenzuzi bwakozwe hagamijwe kureba uko abakora ibinyobwa bisembuye bubahiriza amabwiriza.<\/p>\n<p>Inganda zahagaritswe n\u2019ibinyobwa byazo bigahita bihagarikwa ku isoko ni izikora izo bahimba ibyuma. <\/p>\n<p>Itangazo rya Rwanda FDA rivuga ko iki cyemezo cyafashwe mu rwego rwo kurengera ubuzima bw\u2019abaturage no gukomeza kugenzura ubuziranenge bw\u2019ibicuruzwa biri ku isoko.<\/p>\n<p>Minisitiri w\u2019Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana yabwiye RBA ko ikibazo cy\u2019inzoga zitujuje ubuziranenge zigira ingaruka ku baturage bagifata nk\u2019icyorezo kuko mu mezi make ya 2026 zatumye benshi barwara bajya kwivuza.<\/p>\n<p>Ati \u201cTwe tubona ari icyorezo mu bindi kuko ndifashisha imibare dufite, urebye kuva uyu mwaka watangira, mu mavuriro mu gihugu twakiriye abantu 500 barengaho gato baje kwivuza inzoga n\u2019ibinyobwa nk\u2019ibyo barwaye. Hari abo mwumvise baziye rimwe i Ngoma barenga 100, Nyagatare, hafi abo mu Majyepfo, 500 ubwo ni abaje tukabakira, tukabavura  bamwe bahasiga n\u2019ubuzima. Hari n\u2019abapfuye bataragera kwa muganga, tumaze kubarura abagera kuri 50.\u201d<\/p>\n<p>Dr Nsanzimana yavuze ko abagera ku 100 bahumye amaso, mu buryo bwa burundu, abamaze kugira indwara z\u2019ubwonko z\u2019igihe kirekire, abarwara umwijima n\u2019ibindi.<\/p>\n<p>Ati \u201cIbintu byagiye bizamuka buhoro buhoro. Twari tuzi urwagwa tuzi ikigage gisanzwe, haza inzoga zifite dogere ya alcool ya 40-50 umuturage atigeze abona mu buzima bwe akayigotomera, noneho hakazamo n\u2019abazikora mu bundi buryo. Ni icyorezo mu bindi, tugomba kubirwanya nk\u2019icyorezo, tutabikoze ubu tuzabyishyura ejo.\u201d<\/p>\n<p>Yasobanuye ko hari abantu bashinga inganda nziza zigamije gukora ibinyobwa byiza ariko bikarangira inyuma bahavangira ibinyabutabire binyuranye bakabifunga bakaba ari byo baha abantu ngo banywe ari na byo bibatera indwara n&#8217;impfu.<\/p>\n<figure class=\"spip-document spip-document-969574 aligncenter\"><img decoding=\"async\" src=\"https:\/\/igihe.com\/IMG\/jpg\/dr_sabin-2.jpg\" alt=\"Minisitiri Dr. Nsanzimana yavuze ko inzoga zitujuje ubuziranenge zigomba kurwanywa nk&#039;uko igihugu gihangana n&#039;ibindi byorezo\" \/><figcaption>Minisitiri Dr. Nsanzimana yavuze ko inzoga zitujuje ubuziranenge zigomba kurwanywa nk&#039;uko igihugu gihangana n&#039;ibindi byorezo<\/figcaption><\/figure>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Minisitiri w\u2019Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana yatangaje ko mu mezi atandatu abanza ya 2026, inzoga zitujuje ubuziranenge zatumye abantu barenga 500 bajyanwa ku mavuriro atandukanye mu gihugu, ndetse 50 muri bo barapfa.<\/p>\n","protected":false},"author":2990,"featured_media":2000969573,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[9124],"tags":[16770],"byline":[11379],"hashtag":[],"class_list":["post-253713","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-mu-rwanda","tag-homenews","byline-igihe"],"bylines":[{"id":11379,"name":"IGIHE","slug":"igihe","description":"","image":{"id":0,"url":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/?s=96&d=mm&f=y&r=g","alt":"Default avatar","title":"Default avatar","caption":"","mime_type":"image\/jpeg","sizes":[]},"user_id":2990}],"contributors":[{"id":11379,"name":"IGIHE","slug":"igihe","description":"","image":{"id":0,"url":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/?s=96&d=mm&f=y&r=g","alt":"Default avatar","title":"Default avatar","caption":"","mime_type":"image\/jpeg","sizes":[]},"user_id":2990}],"featured_image":{"id":2000969573,"url":"https:\/\/igihe.com\/IMG\/logo\/dr_sabin.jpg","alt":"","caption":"","mime_type":"image\/jpeg","width":0,"height":0,"sizes":{"thumbnail":{"url":"https:\/\/igihe.com\/IMG\/logo\/dr_sabin.jpg","width":1,"height":1},"medium":{"url":"https:\/\/igihe.com\/IMG\/logo\/dr_sabin.jpg","width":1,"height":1},"medium_large":{"url":"https:\/\/igihe.com\/IMG\/logo\/dr_sabin.jpg","width":1,"height":1},"large":{"url":"https:\/\/igihe.com\/IMG\/logo\/dr_sabin.jpg","width":1,"height":1},"full":{"url":"https:\/\/igihe.com\/IMG\/logo\/dr_sabin.jpg","width":0,"height":0}}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/253713","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/users\/2990"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=253713"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/253713\/revisions"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/media\/2000969573"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=253713"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=253713"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=253713"},{"taxonomy":"byline","embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/byline?post=253713"},{"taxonomy":"hashtag","embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/hashtag?post=253713"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}