Iyi myigaragambyo yatangiye kuri iki Cyumweru, ikaba yaratangajwe n\u2019ihuriro ry\u2019abakora mu by\u2019indege muri Canada (CUPE) ribarizwamo abakozi bagera kuri 4.400 bakora mu ndege za WestJet. <\/p>\n
Ubuyobozi bwa WestJet bwemeje ko imyigaragambyo yatangiye ndetse buvuga ko yahagaritse ingendo zirenga 300, ibintu byahungabanyije gahunda z\u2019ingendo muri Canada.<\/p>\n
Impaka nyamukuru hagati y\u2019impande zombi zishingiye ku buryo abakozi bashinzwe kwakira abagenzi mu ndege bagomba guhembwa ku kazi bakora igihe indege itarahaguruka cyangwa imaze kugwa.<\/p>\n
Iri huriro ry\u2019abakora mu ndeg ryavuze ko hari ibikorwa bikorwa n\u2019abakozi bari ku butaka bitishyurwa uko bikwiye, kuko abakozi babarirwa umushahara hagendewe gusa ku masaha bamaze mu kirere.<\/p>\n
Umuyobozi Mukuru wa WestJet Group, Alexis von Hoensbroech, yavuze ko sosiyete yari yatanze icyifuzo cyari gutuma abakozi bayo bagira uburyo bushya bwo guhembwa.<\/p>\n
Abagenzi bagizweho ingaruka n\u2019ihagarikwa ry\u2019ingendo basabwe guhabwa amafaranga yabo cyangwa bagahabwa ubundi buryo bwo kugenda.<\/p>\n
Sosiyete yavuze ko izamenyesha abagenzi bari barakatishije amatike binyuze kuri yo, mu gihe abaguze amatike bakoresheje ibigo by\u2019ubukerarugendo cyangwa izindi serivisi z\u2019abahuza basabwe kubimenyesha abo bakoresheje.<\/p>\n
Iyi myigaragambyo ibaye nyuma y\u2019umwaka umwe gusa abakozi bashinzwe kwakira abagenzi muri Air Canada, sosiyete nini y\u2019indege muri Canada, na bo bakoze imyigaragambyo ikagira ingaruka ku bagenzi basaga 100.000. <\/p>\n
Iyo myigaragambyo na yo yari ishingiye ku kibazo cy\u2019imishahara y\u2019igihe abakozi bamara bakora imirimo Indege iri ku butaka, mbere cyangwa nyuma y\u2019ingendo. Yamaze iminsi itatu mbere y\u2019uko impande zombi zigera ku masezerano.<\/p>\n
Nubwo imyigaragambyo yatangiye, WestJet n\u2019abahagarariye abakozi bavuze ko biteguye gusubira ku meza y\u2019ibiganiro kugira ngo bashake umuti w\u2019ikibazo.<\/p>\n Abakozi bashinzwe kwakira no gufasha abagenzi mu ndege za sosiyete y\u2019indege yo muri Canada, WestJet, batangiye imyigaragambyo yo guhagarika akazi kubera kutumvikana n\u2019ubuyobozi ku bijyanye n\u2019imishahara, bituma iyi sosiyete ihagarika ingendo zisaga 300.<\/p>\n","protected":false},"author":2990,"featured_media":2000969218,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[9126],"tags":[16770],"byline":[11379],"hashtag":[],"class_list":["post-253695","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-mu-mahanga","tag-homenews","byline-igihe"],"bylines":[{"id":11379,"name":"IGIHE","slug":"igihe","description":"","image":{"id":0,"url":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/?s=96&d=mm&f=y&r=g","alt":"Default avatar","title":"Default avatar","caption":"","mime_type":"image\/jpeg","sizes":[]},"user_id":2990}],"contributors":[{"id":11379,"name":"IGIHE","slug":"igihe","description":"","image":{"id":0,"url":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/?s=96&d=mm&f=y&r=g","alt":"Default avatar","title":"Default avatar","caption":"","mime_type":"image\/jpeg","sizes":[]},"user_id":2990}],"featured_image":{"id":2000969218,"url":"https:\/\/igihe.com\/IMG\/logo\/mnwbusltp5hiroaopxaqzibazu.jpg","alt":"","caption":"","mime_type":"image\/jpeg","width":0,"height":0,"sizes":{"thumbnail":{"url":"https:\/\/igihe.com\/IMG\/logo\/mnwbusltp5hiroaopxaqzibazu.jpg","width":1,"height":1},"medium":{"url":"https:\/\/igihe.com\/IMG\/logo\/mnwbusltp5hiroaopxaqzibazu.jpg","width":1,"height":1},"medium_large":{"url":"https:\/\/igihe.com\/IMG\/logo\/mnwbusltp5hiroaopxaqzibazu.jpg","width":1,"height":1},"large":{"url":"https:\/\/igihe.com\/IMG\/logo\/mnwbusltp5hiroaopxaqzibazu.jpg","width":1,"height":1},"full":{"url":"https:\/\/igihe.com\/IMG\/logo\/mnwbusltp5hiroaopxaqzibazu.jpg","width":0,"height":0}}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/253695","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/users\/2990"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=253695"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/253695\/revisions"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/media\/2000969218"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=253695"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=253695"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=253695"},{"taxonomy":"byline","embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/byline?post=253695"},{"taxonomy":"hashtag","embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/hashtag?post=253695"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}