{"id":19673,"date":"2012-01-02T10:14:55","date_gmt":"2012-01-02T10:14:55","guid":{"rendered":"https:\/\/old.igihe.com\/kengo-wa-dondo-yakuwe-amenyo-n-abagizi-ba-nabi\/"},"modified":"2012-01-02T13:43:10","modified_gmt":"2012-01-02T13:43:10","slug":"kengo-wa-dondo-yakuwe-amenyo-n-abagizi-ba-nabi","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/kengo-wa-dondo-yakuwe-amenyo-n-abagizi-ba-nabi\/","title":{"rendered":"Kengo wa Dondo yakuwe amenyo n&#8217;abagizi ba nabi"},"content":{"rendered":"<p>{ Ku mugoroba wo kuwa Gatandatu tariki 31 Ukuboza 2011, abantu bataramenyekana bagiriye nabi umukuru wa Sena ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ariwe Kengo wa Dondo. Birakekwa no abakoze icyo gikorwa ari abo mu mutwe w\u2019abiyise Les Combattants bari ku ruhande rwa Etienne Tshisekedi.}<\/p>\n<p>Kuri iki Cyumweru nibwo leta y\u2019u Bufaransa yatangaje ko Kengo wa Dondo yahohotewe ku munsi wabanje ahitwa Gare du Nord mu mujyi wa Paris, aho abagabo batazwi bamutuye hasi bakamukandagira bakanamukubita, bigatuma akomereka akanatakaza amwe mu menyo ye. <\/p>\n<p>Ubutegetsi bw\u2019u Bufaransa bwatangaje ko nta yandi makuru bufite, cyane ko uwo munyapolitiki yari mu Bufaransa ku giti cye, atari yaje nk\u2019umuyobozi.<\/p>\n<p>Ku ruhande rwa Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, umuvugizi wa Leta Lambert Mende yatangaje ko icyo gikorwa atari icyo kwihanganira, ndetse leta ye ngo yahamagaje uhagarariye u Bufaransa muri Congo ngo atange ibisobanuro kuko ngo bitumvikana ukuntu imitwe y\u2019abagizi ba nabi b\u2019Abanyekongo bo muri diaspora itaryozwa ibikorwa byayo kandi iba izwi n&#8217;inzego z&#8217;umutekano mu Bufaransa. <\/p>\n<p>Birakekwa ko Kengo wa Dondo yahohotewe n\u2019abashyigikiye Tshisekedi ng kuko yanze gukuramo kandidatire ye ngo amushyigikire bigatuma amajwi atatana, maze bikarangira Etienne Tshisekedi agize amajwi 32.23%. Kengo wa Dondo yaje ku mwanya wa kane n\u2019amajwi 4.95%, Kabila aba ariwe utsinda ku majwi 48.95%.<\/p>\n<p>Ku rundi ruhande, muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo hakomeje kurangwa umwuka mubi n\u2019ubwo Perezida Kabila yari yasabye abaturage koroherana mu butumwa bw\u2019umwaka mushya yabageneye. <\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>{ Ku mugoroba wo kuwa Gatandatu tariki 31 Ukuboza 2011, abantu bataramenyekana bagiriye nabi umukuru wa Sena ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ariwe Kengo wa Dondo. Birakekwa no abakoze icyo gikorwa ari abo mu mutwe w\u2019abiyise Les Combattants bari ku ruhande rwa Etienne Tshisekedi.} Kuri iki Cyumweru nibwo leta y\u2019u Bufaransa yatangaje ko Kengo [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[9125],"tags":[16770],"byline":[11170],"hashtag":[],"class_list":["post-19673","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-muri-afurika","tag-homenews","byline-olivier-ntaganzwa"],"bylines":[{"id":11170,"name":"Olivier NTAGANZWA","slug":"olivier-ntaganzwa","description":"","image":{"id":0,"url":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/?s=96&d=mm&f=y&r=g","alt":"Default avatar","title":"Default avatar","caption":"","mime_type":"image\/jpeg","sizes":[]},"user_id":null}],"contributors":[{"id":11170,"name":"Olivier NTAGANZWA","slug":"olivier-ntaganzwa","description":"","image":{"id":0,"url":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/?s=96&d=mm&f=y&r=g","alt":"Default avatar","title":"Default avatar","caption":"","mime_type":"image\/jpeg","sizes":[]},"user_id":null}],"featured_image":null,"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/19673","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=19673"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/19673\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=19673"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=19673"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=19673"},{"taxonomy":"byline","embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/byline?post=19673"},{"taxonomy":"hashtag","embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/hashtag?post=19673"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}