{"id":19653,"date":"2012-01-01T09:36:42","date_gmt":"2012-01-01T09:36:42","guid":{"rendered":"https:\/\/old.igihe.com\/abapolisi-160-basoje-ubutumwa-bwabo-muri-haiti\/"},"modified":"2012-01-01T09:33:11","modified_gmt":"2012-01-01T09:33:11","slug":"abapolisi-160-basoje-ubutumwa-bwabo-muri-haiti","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/abapolisi-160-basoje-ubutumwa-bwabo-muri-haiti\/","title":{"rendered":"Abapolisi 160 basoje ubutumwa bwabo muri Haiti"},"content":{"rendered":"<p>{Nyuma y\u2019amezi 9 bari bamaze mu butumwa bw\u2019akazi muri Haiti, abapolisi b\u2019u Rwanda 160 baraye basesekaye mu Rwanda.}<\/p>\n<p>Abapolisi 160 bari mu itsinda rya mbere ryitwa Formed Police Unit 1 (FPU1), ryari ryaroherejwe muri Haiti mu rwego rwo gucunga umutekano no kubungabunga imibereho myiza y\u2019abaturage muri iki gihugu muri gahunda yiswe MINUSTAH.<\/p>\n<p>Aba bapolisi bari mu Mujyi wa J\u00e9r\u00e9mie uri mu Majyepfo ya Haiti bageze ku Kibuga cy\u2019indege Mpuzamahanga cya Kanombe ku isaha ya saa munani z&#8217;amanywa bazanywe n\u2019indege ya Rwandair.<\/p>\n<p>Umuyobozi Mukuru wa Polisi y\u2019Iguhugu IGP Emmanuel K. Gasana, wabakiriye ubwo bageraga ku kicyaro gikuru cya Polisi ku Kacyiru yabashimiye uburyo bitwaye neza mu kazi kabajyanye.<\/p>\n<p>Yagize ati: \u201cUruhare rwanyu mu kugarura amahoro n\u2019umutekano muri Haiti byagaragaje isura y\u2019u Rwanda mu mahanga hose\u201d.<\/p>\n<p>IGP Emmanuel Gasana avuga ko nyuma yo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu mwaka w\u20191994, inzego z\u2019umutekano z\u2019u Rwanda ziyemeje ndetse zifata iya mbere mu kugarura amahoro n\u2019umutekano mu duce byabayemo ingume.<\/p>\n<figure class=\"spip-document spip-document-11236 aligncenter\"><img decoding=\"async\" src=\"https:\/\/igihe.com\/IMG\/jpg\/Dsc_0032.jpg\" alt=\"IGP Emmanuel Gasana yakira abapolisi bavuye mu butumwa bw&#039;akazi\" \/><\/figure>\n<p>Gasana akomeza avuga ko uretse kubungabuga amahoro hirya no hino mu gihugu, Polisi y\u2019u Rwanda yaniyemeje gukorana na Polisi z\u2019ibindi bihugu mu rwego rwo kurwanya ibyaha ndengamipaka.<\/p>\n<p>Ati: \u201cUmutekano wonyine niwo ushobora gutuma tugira aho tugera; iterambere ntiryagerwaho nta mutekano. Umutekano urabanza hagakurikiraho imiyoborere myiza, byakomatanyirizwa hamwe igihugu kikagera ku iterambere rirambye\u201d.<\/p>\n<p>Amakuru dukesha urubuga rwa Polisi y\u2019igihugu, akomeza avuga ko Chief Supt. Egide Ruzigamanzi  wari uyoboye iri tsinda (FPU1) yatangaje ko batageze muri Haiti ngo bacunge umutekano gusa ahubwo ngo bahatangije gahunda y\u2019umuganda rusange.<\/p>\n<p>Ati: \u201cAbaturage ba Haiti babyakiriye neza cyane, ndetse kugeza ubu buri kwezi bakora umuganda nk\u2019uko natwe tubigenza\u201d.<\/p>\n<p>Ruzigamanza kandi avuga ko ubwo bari mu Haiti bahungukiye byinshi cyane kuko babonye imikore ya Polisi 53 z\u2019ibindi bihugu byari bihari. Iri nararibonye bahungukiye ngo rizabafasha kurushaho gukora neza akazi bashinzwe mu gihugu cyabo.<\/p>\n<p>Muri aba bapolisi bagarutse mu Rwanda, abagera kuri 60 bahawe ishimwe ry\u2019uko bitwaye neza mu bikorwa bitanduakanye bari bashinzwe. PC Clementine Mukamana na Vital Mutangana,  bo bashimiwe ko bitwaye neza cyane kurusha abandi bose <\/p>\n<p>FPU1 yasimbuwe na FPU2,  nayo igizwe n\u2019abapolisi 160 bagiye kuwa mbere w\u2019icyumweru gishize, bayobowe na Chief Superintendent Toussaint Muzezayo.<\/p>\n<p>Kugeza ubu u Rwanda rufite abapolisi 416 bari mu butumwa bw\u2019akazi muri Liberia, Cote d\u2019Ivoire, Sudani ndetse no muri Haiti.<\/p>\n<figure class=\"spip-document spip-document-11237 aligncenter\"><img decoding=\"async\" src=\"https:\/\/igihe.com\/IMG\/jpg\/CSP_Egide_Ruzigamanzi.jpg\" alt=\"CSP Egide Ruzigamanzi aganira n&#039;abanyamakuru\" \/><\/figure>\n<figure class=\"spip-document spip-document-11238 aligncenter\"><img decoding=\"async\" src=\"https:\/\/igihe.com\/IMG\/jpg\/DSC_0047.jpg\" alt=\"Bamwe mu bapolisi bakuru baha ikaze abavuye muri Haiti\" \/><\/figure>\n<figure class=\"spip-document spip-document-11239 aligncenter\"><img decoding=\"async\" src=\"https:\/\/igihe.com\/IMG\/jpg\/Dsc_0053.jpg\" alt=\"Bacinye n&#039;akadiho\" \/><\/figure>\n<p>{{Foto: RNP Media Center}}<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>{Nyuma y\u2019amezi 9 bari bamaze mu butumwa bw\u2019akazi muri Haiti, abapolisi b\u2019u Rwanda 160 baraye basesekaye mu Rwanda.} Abapolisi 160 bari mu itsinda rya mbere ryitwa Formed Police Unit 1 (FPU1), ryari ryaroherejwe muri Haiti mu rwego rwo gucunga umutekano no kubungabunga imibereho myiza y\u2019abaturage muri iki gihugu muri gahunda yiswe MINUSTAH. Aba bapolisi bari [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[9124],"tags":[],"byline":[11220],"hashtag":[],"class_list":["post-19653","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-mu-rwanda","byline-ruzindana-rugasa"],"bylines":[{"id":11220,"name":"Ruzindana Rugasa","slug":"ruzindana-rugasa","description":"","image":{"id":0,"url":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/?s=96&d=mm&f=y&r=g","alt":"Default avatar","title":"Default avatar","caption":"","mime_type":"image\/jpeg","sizes":[]},"user_id":null}],"contributors":[{"id":11220,"name":"Ruzindana Rugasa","slug":"ruzindana-rugasa","description":"","image":{"id":0,"url":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/?s=96&d=mm&f=y&r=g","alt":"Default avatar","title":"Default avatar","caption":"","mime_type":"image\/jpeg","sizes":[]},"user_id":null}],"featured_image":null,"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/19653","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=19653"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/19653\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=19653"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=19653"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=19653"},{"taxonomy":"byline","embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/byline?post=19653"},{"taxonomy":"hashtag","embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/hashtag?post=19653"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}