{"id":19643,"date":"2011-12-31T16:52:54","date_gmt":"2011-12-31T16:52:54","guid":{"rendered":"https:\/\/old.igihe.com\/incamake-ku-nkuru-zibabaje-zaranze-2011-mu-rwanda\/"},"modified":"2011-12-31T16:51:47","modified_gmt":"2011-12-31T16:51:47","slug":"incamake-ku-nkuru-zibabaje-zaranze-2011-mu-rwanda","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/incamake-ku-nkuru-zibabaje-zaranze-2011-mu-rwanda\/","title":{"rendered":"Incamake ku nkuru zibabaje zaranze 2011 mu Rwanda"},"content":{"rendered":"<p>{Umwaka wa 2011 dusoza mu ijoro ry\u2019uyu munsi waranzwe n\u2019ibintu bitandukanye byagiye bibaza abantu, ibyo tugiye kwibandaho akaba ari bimwe mu bikorwa by\u2019ubwicanyi n\u2019impanuka zitunguranye.}<\/p>\n<p>{{Ubwicanyi}}<\/p>\n<p>{{-}}Mu ntangiririro za 2011 tariki  eshatu Mutarama  mu Karere ka Karongi  mu ntara y\u2019Iburengerazuba, Umugabo witwa Ubyinanaryo Adrien w\u2019imyaka 43 y\u2019amavuko yivuganye umugore we amuziza kugurisha umurima yarangiza ntamuhe amafaranga yawugurishije, uyu mugabo akaba yarahise atabwa muri yombi akajyanwa kuri sitasiyo ya polisi yo muri aka karere.<\/p>\n<p>{{-}}Muri iyi ntara kandi  mu karere ka Rubavu tariki 10 Gashyantare  2011, umugabo witwa Ntawumenyumunsi Jean Bosco w imyaka 34 y\u2019amavuko yatashye yasinze maze yadukira  umugore we amuteragura  ibyuma kugeza apfuye maze nawe ahita yiyahura. Abaturanyi babo batangaje ko yamujijije ko yamucaga inyuma.<\/p>\n<p>{{-}} Muri Gashyantare kandi  ubwo hari kuwa 23 mu mujyi wa Kigali ho mu karere ka Gasabo uwitwa Rugwizangoga Jean de Dieu w\u2019 imyaka 37 y\u2019 amavuko utuye mu Murenge wa Rutunga, yafatiwe mu cyuho agiye kwica  umugore we Nyirantabaruye Violette bari bafitanye abana batatu ngo abone uko yishakira uwari inshoreke ye.<\/p>\n<p>{{-}}Muri uku kwezi kwa  Gashyantare kandi nibwo umunyeshuri wigaga mu ishuri ndererabarezi rya Kigali yiyahuye akoresheje umugozi w\u2019amashanyarazi aho amakuru yavugaga ko uyu munyeshuri ashobora kuba yarabitewe n\u2019uko yakuwe ku rutonde rw\u2019abagombaga kurihirwa na SFAR.<\/p>\n<p>{{-}} Mu karere ka Gasabo kandi hatawe muri yombi uwitwa  Habanabakize Andrew w\u2019imyaka 30 y\u2019amavuko, kubera kwica uwo bashakanye;Mukankubito Chantal w\u2019 imyaka 24, yarangiza agahisha  umurambo we igihe kigera ku mezi atanu. Nawe akaba yariyemereye  ko yamwishe mu kawa cumi ku mwaka wa 2010.<\/p>\n<p>{{-}}Muri Gasabo kandi ahitwa ku Kinamba mu mugezi wa Rwanzekuma ugabanya Umurenge wa Gisozi n\u2019uwa Kacyiru, hatoraguwe umurambo w\u2019umusore uri mu kigero cy\u2019imyaka nka 22 wari uri mu mufuka uboshye amaboko n\u2019amaguru.<\/p>\n<p>{{-}}Mu mpera z\u2019uyu mwaka kandi tariki 2 Ukuboza mu karere ka Gasabo ahitwa i Gasogi umugabo yaguye mu musarani  w\u2019ikigo cya \u2018Coll\u00e8ge de l\u2019Espoir de Gasogi\u2019 amaramo iminsi itatu atarabasha gukurwamo,  avamo ku munsi wa kane yaramaze gupfa.<\/p>\n<p>{{-}} Mu karere ka Huye ho mu ntara y\u2019Amajyepfo tariki 14 Werurwe umugabo w\u2019imyaka 52 witwa Ruzima Damascene yishe abantu batatu abatemaguye, muri bo harimo umukobwa we w\u2019imyaka 22  , umugore we n\u2019umuturanyi we.<\/p>\n<p>{{-}} Muri iyi ntara kandi mu karere ka Nyanza umusore w\u2019imyaka 18 yishe se amuziza gushaka kugurisha ubutaka akabuha inshoreke ye.<br \/>\nUyu mugambi akaba yarwucuranye na nyina na mushikiwe mukuru.<\/p>\n<p>{{-}}Ku itariki 27 Girurasi Mu karere ka Rwamagana ho mu ntara y\u2019iburasirazuba umugabo witwa Murereshimana Donatien yiyemere ko yishe umugore we kubera  amakimbirane bari bamaze igihe bafitanye.<\/p>\n<p>{{-}}Muri aka karere Murenge wa Kigabiro; tariki ya 3 Nzeri; hiciwe umusore w\u2019imyaka 26 witwa Mwizerwa Vedaste. Uyu musore yishwe urupfu rw&#8217;agashinyaguro kuko yishwe anizwe akananogorwamo amaso. Uyu musore akaba yarishwe n\u2019abantu batazwi.<\/p>\n<p>{{-}} Mu karere ka Bugesera muri iyi ntara umugabo Jean Damascene w\u2019imyaka 35 yishwe n\u2019umugore we  Mukaminega Festianette w\u2019imyaka 27 amukubise umuhini inyuma mu mutwe ahagana mu cyico, amusiga ari intere.Jean Damascene yahise ajyanwa ku bitaro bya Nyamata gusa nyuma azakuhapfira kubera ibikomere bikabije yari afite mu mutwe.<\/p>\n<p>{{-}}Mu karere ka Ngoma muri iyi ntara y\u2019Iburasirazuba, kuwa karindwi nyakanga umugabo yadukiriye abantu batanu arabatemagura babiri barapfa batatu bajyanwa mu bitaro, akaba yarabatemye  ubwo bari baje gutabara umugore we wari urimo gukubitwa. <\/p>\n<p>{{-}}Muri iyi ntara kandi ahitwa Nyagatare umugore yagize ishyari bituma yica urujinja rwa muceba we, kuko umugabo we yari amaze kumuharika.<\/p>\n<p>{{-}}Muri Nyabihu ho umugore yivuganye umugabo we bari bari bamaranye imyaka 15 akoresheje icyuma, avuga ko icyatumye amwica ari uko yari yaramujujubije amubwira ko amuca inyuma.<\/p>\n<p>{{Impanuka z\u2019ibirombe n\u2019inkuba}}<\/p>\n<p>{{-}}Tariki 26 Kamena , mu karere ka Nyabihu mu ntara y\u2019iburengerazuba inkuba yarakubise ihitana abana batatu abandi icumi barakomereka biturutse ku imvura nyinshi yari yibasiye aka gace.<\/p>\n<p>{{-}} Kuri 25 Kamena kandi mu ma saa sita z\u2019ijoro imvura nyinshi ivanze n\u2019imiyanga yahitanye abantu babiri batuye mu Kagali ka Mutamwa, Umurenge wa Gahengeli mu Karere ka Rwamagana, Intara y\u2019Iburasirazuba,bakubiswe n\u2019inkuba bagahita bapfa.<\/p>\n<p>{{-}}Mu Murenge wa Jenda, mu Karere ka Nyabihu kandi ikirombe cyararidutse gihitana abana batatu bari baje gushaka umucanga wo gukora amatafari yo kubakisha amazu yabo.<\/p>\n<p>{{-}}Muri aka karere kandi inkangu yaturutse ku imvura nyinshi yahitanye abantu bagera kuri 14. Muri aba bantu harimo abana icumi n\u2019umugore w\u2019uwitwa Nzamuhabwanimana Jean Samascene. Mu muryango w\u2019uyu mugabo nta muntu n\u2019umwe warokotse.<\/p>\n<p>{{-}}Uwitwa Habarurema w\u2019 imyaka 38 y\u2019 amavuko yahitanywe  n\u2019impanuka yatewe no kurindimuka kw\u2019 ikirombe cy\u2019 ahacukurwa gasegereti, mu Kagari ka Rukore, Umurenge wa Cyabingo ho mu Karere ka Gakenke ho mu ntara y\u2019Amajyaruguru.<\/p>\n<p>Muri uyu mwaka kandi hagiye hagaragara abakobwa n\u2019abagore batandukanye bagiye babyara abana bakabata, bakabaniga abandi bakabajugunya mu misarani.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>{Umwaka wa 2011 dusoza mu ijoro ry\u2019uyu munsi waranzwe n\u2019ibintu bitandukanye byagiye bibaza abantu, ibyo tugiye kwibandaho akaba ari bimwe mu bikorwa by\u2019ubwicanyi n\u2019impanuka zitunguranye.} {{Ubwicanyi}} {{-}}Mu ntangiririro za 2011 tariki eshatu Mutarama mu Karere ka Karongi mu ntara y\u2019Iburengerazuba, Umugabo witwa Ubyinanaryo Adrien w\u2019imyaka 43 y\u2019amavuko yivuganye umugore we amuziza kugurisha umurima yarangiza ntamuhe [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[9124],"tags":[16770],"byline":[12489],"hashtag":[],"class_list":["post-19643","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-mu-rwanda","tag-homenews","byline-mimi-rachel-mukandayisenga"],"bylines":[{"id":12489,"name":"Mimi Rachel Mukandayisenga","slug":"mimi-rachel-mukandayisenga","description":"","image":{"id":0,"url":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/?s=96&d=mm&f=y&r=g","alt":"Default avatar","title":"Default avatar","caption":"","mime_type":"image\/jpeg","sizes":[]},"user_id":null}],"contributors":[{"id":12489,"name":"Mimi Rachel Mukandayisenga","slug":"mimi-rachel-mukandayisenga","description":"","image":{"id":0,"url":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/?s=96&d=mm&f=y&r=g","alt":"Default avatar","title":"Default avatar","caption":"","mime_type":"image\/jpeg","sizes":[]},"user_id":null}],"featured_image":null,"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/19643","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=19643"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/19643\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=19643"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=19643"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=19643"},{"taxonomy":"byline","embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/byline?post=19643"},{"taxonomy":"hashtag","embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/hashtag?post=19643"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}