{"id":19642,"date":"2011-12-31T16:48:47","date_gmt":"2011-12-31T16:48:47","guid":{"rendered":"https:\/\/old.igihe.com\/mu-muganda-minisitiri-w-intebe-habumuremyi-yasabye-abaturage-gukunda-leta\/"},"modified":"2011-12-31T17:00:41","modified_gmt":"2011-12-31T17:00:41","slug":"mu-muganda-minisitiri-w-intebe-habumuremyi-yasabye-abaturage-gukunda-leta","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/mu-muganda-minisitiri-w-intebe-habumuremyi-yasabye-abaturage-gukunda-leta\/","title":{"rendered":"Mu muganda Minisitiri  w\u2019Intebe  Habumuremyi  yasabye abaturage gukunda Leta"},"content":{"rendered":"<p>{Kuri uyu wa gatandatu mu Karere ka Nyarugenge mu Murenge wa  Nyamirambo habereye umuganda wa nyuma w\u2019 ukwezi k\u2019Ukuboza 2011   Uwo muganda ukaba wari wanitabiriwe n\u2019 Abayobozi batandukanye ku Rwego rw\u2019 Igihugu barimo Minisitiri w\u2019 Intebe Pierre Damien Habumuremyi wasabye abaturage gukunda Leta.<br \/>\n}<\/p>\n<p>Muri uwo  muganda wabereye ahazwi ku izina rya Rugarama hakozwe ibikorwa bitandukanye bijyanye no gutunganya umuhanda wa Rugarama no kuwukorera inzira z\u2019 amazi.<\/p>\n<p>{{Abaturage basabwe gukunda Leta}}<\/p>\n<p>Muri uyu muganda kandi Minisitiri w\u2019Intebe Habumuremyi yashishikarije abaturage gukunda Leta, kuko ikora ibyiza bishoboka mu nyungu zabo aho yatanze urugero nko ku kibazo cy\u2019 ubutaka ubu kirimo kwigwa kugira ngo Umunyarwanda atange umusoro utamubereye umuzigo , n\u2019aho Leta irimo kwiga uburyo haboneka amata ku banyarwanda bose ku giciro gito kugira ngo afashe mu kurwanya indwara z\u2019 imirire mibi.<\/p>\n<p>Uretse kubasaba gukunda Leta kandi Minisitiri w\u2019Intebe yasabye  abaturage gufasha Leta  kugira ngo ibyo bikorwa bigerweho ababyeyi bakomeza gushyira ingufu mu burere bw\u2019 abana babo, babarinda ibiyobyabwenge  kugira ngo mu gihe kizaza u Rwanda ruzabe rwiza, ndetse buri rugo rukagira akarima k\u2019 igikoni hagafatwa amazi ava kumazu na buri muturage agaharanira ko aho atuye haba isuku, kuko bigaragara ko isuku yo kumihanda n\u2019 ahantu hahurira abantu benshi yagezweho ariko isuku yo mungo no mu maquartiers abantu batuyemo ikaba ikiri ikibazo. <\/p>\n<p>Minisitiri w\u2019 Intebe yashimye ubwitabire abaturage ba Nyamirambo bagaragaza mu bikorwa by\u2019 Umuganda,  abasa ko babera urugero abandi Baturarwanda kuko umuganda ari igikorwa cy\u2019 umwimerera w\u2019 Abanyarwanda kandi kibahesha agaciro.<\/p>\n<p>Kuri Minisitiri Habumurenyi ngo  ningombwa ko buri Munyarwanda yitabira ganda  kuva ku Muyobozi kugera ku muturage, akaba kandi yasabye n\u2019 inzego zitegura umuganda gutunganya neza imitegurire n\u2019 imikorere  yawo abawukora bakajya bakora ibikorwa bigamije kubacyemurira ibibazo muri rusange.<\/p>\n<p>Minisitiri w\u2019Intebe Habumuremyi yongeye gushima uburyo abaturage ba Nyamirambo bakorera hamwe bashaka ibyabateza imbere nko gukora imihanda, kuko umuhanda urimo gukorwa wakozwe ku  mafaranga yavuye mu baturage b\u2019 Umurenge wa Nyamirambo akaba yagaragaje ko abaturage bose bagize umutima nk\u2019uwo hari ibikorwa  remezo byinshi byaboneka  Guverinoma ikaza kunganira aho amikoro y\u2019 abaturage yabaye macye.<\/p>\n<p>{{<br \/>\nRwarutabura haracyagaragara ibiyobyabwenge }} <\/p>\n<p>Muri iki gikorwa cy\u2019umuganda kandi umuyobozi w\u2019 Akarere ka Nyarugenge Madamu Mukasonga Solange we yashishikarije abaturage ba Nyamirambo kurwanya ibiyobyabwenge, kuko hari ibice ukibisangamo cyane nka Rwarutabura  kandi bikaba ari naryo shingiro ry\u2019 umutekano mucye ujya ugaragara muri uwo Murenge.<\/p>\n<p>Uyu muganda wa baye kuri uyu wa gatandatu niwo mu ganda wa nyuma ubaye muri uyu mwaka wa 2011 ,muri uyu mwaka kandi ubuganda wagiye witabirwa n&#8217;abantu batandukanye barimo abayobozi  ku rwego rw&#8217;igihugu tutibagiwe na  bamwe mu bashyitsi basuye u Rwanda.<\/p>\n<p>{{Amwe mu mafoto}}<\/p>\n<figure class=\"spip-document spip-document-11192 aligncenter\"><img decoding=\"async\" src=\"https:\/\/igihe.com\/IMG\/jpg\/PS_MINALOC.jpg\" alt=\"Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y&#039;Ubutegetsi bw&#039;Igihugu mu muganda\" \/><\/figure>\n<figure class=\"spip-document spip-document-11191 aligncenter\"><img decoding=\"async\" src=\"https:\/\/igihe.com\/IMG\/jpg\/PM_MAYOR_VK.jpg\" alt=\"Mayor Ndayisaba na Minisitiri Habumuremyi mu muganda\" \/><\/figure>\n<figure class=\"spip-document spip-document-11190 aligncenter\"><img decoding=\"async\" src=\"https:\/\/igihe.com\/IMG\/jpg\/DGs_MINALOC_2_.jpg\" alt=\"\" \/><\/figure>\n<figure class=\"spip-document spip-document-11188 aligncenter\"><img decoding=\"async\" src=\"https:\/\/igihe.com\/IMG\/jpg\/abayobozi_mu_muganda-2.jpg\" alt=\"Aba  ni bamwe mu bayobozi\" \/><\/figure>\n<figure class=\"spip-document spip-document-11189 aligncenter\"><img decoding=\"async\" src=\"https:\/\/igihe.com\/IMG\/jpg\/BACINYE_AKADIHO.jpg\" alt=\"Bacinye akadiho\" \/><\/figure>\n<p>{{SERUGENDO Jean de Dieu ushinzwe Itangazamakuru muri  Nyarugenge.<br \/>\n}}<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>{Kuri uyu wa gatandatu mu Karere ka Nyarugenge mu Murenge wa Nyamirambo habereye umuganda wa nyuma w\u2019 ukwezi k\u2019Ukuboza 2011 Uwo muganda ukaba wari wanitabiriwe n\u2019 Abayobozi batandukanye ku Rwego rw\u2019 Igihugu barimo Minisitiri w\u2019 Intebe Pierre Damien Habumuremyi wasabye abaturage gukunda Leta. } Muri uwo muganda wabereye ahazwi ku izina rya Rugarama hakozwe ibikorwa [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2921,"featured_media":0,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[9124],"tags":[16770],"byline":[11245],"hashtag":[],"class_list":["post-19642","post","type-post","status-publish","format-standard","hentry","category-mu-rwanda","tag-homenews","byline-olivier-muhirwa"],"bylines":[{"id":11245,"name":"Olivier Muhirwa","slug":"olivier-muhirwa","description":"","image":{"id":0,"url":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/?s=96&d=mm&f=y&r=g","alt":"Default avatar","title":"Default avatar","caption":"","mime_type":"image\/jpeg","sizes":[]},"user_id":2921}],"contributors":[{"id":11245,"name":"Olivier Muhirwa","slug":"olivier-muhirwa","description":"","image":{"id":0,"url":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/?s=96&d=mm&f=y&r=g","alt":"Default avatar","title":"Default avatar","caption":"","mime_type":"image\/jpeg","sizes":[]},"user_id":2921}],"featured_image":null,"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/19642","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/users\/2921"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=19642"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/19642\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=19642"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=19642"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=19642"},{"taxonomy":"byline","embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/byline?post=19642"},{"taxonomy":"hashtag","embeddable":true,"href":"https:\/\/new.igihe.com\/kinyarwanda\/wp-json\/wp\/v2\/hashtag?post=19642"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}